Ibyahishuwe 8:2-6

Abamarayika barindwi bazahabwa impanda ndwi, kugira ngo bazivuze nyuma y’igihe cy’ituze kizangana n’igice cy’isaha. Izo mpanda ndwi nizimara kuvuzwa, isi izinjira mu bihe bikomeye maze umujinya w’Imana ugere ku bayigometseho bose. Marayika wundi nawe azahabwa icyotero n’imibavu abijugunye hasi bisobanura ko amasengesho y’abera azaba asubijwe.