Ibyahishuwe 7:13-17

Twabonye ko Imana ifite ubwoko butatu bw’abantu bayo. Hari Abayuda, Abanyamahanga hamwe n’Itorero ry’Imana. Nubwo biri uko ariko, Imana ntizacungura Itorero gusa, kuko hari abandi bantu benshi bazakizwa mu gihe cy’amakuba akomeye. Abo ni abazahamya Imana muri ibyo bihe bikomeye ndetse benshi bazicwa bahowe ubutumwa bwa Kristo.