Malaki 3:9-16

Mu gihe cy’ubuntu Imana ishaka ko utanga nkuko ushoboye. Nta muntu ugomba kuba imbata y’icyacumi ahubwo ushobora gutanga ukarenza icyacumi igihe cyose ushobojwe. Gutanga bizana umugisha kuruta guhabwa. Kuba umutima wawe utari ku murimo uri gukora, biroroshye cyane kuba wakumva ko umurimo uri gukora nta gaciro ufite. Imirimo yose ukora mu rusengero nta gaciro igihe cyose umutima wawe utayirimo. Kuba waza gusenga ariko umutima wawe uri ahandi byerekana ko uba udasenga mu kuri no mu mwuka. Imana ishaka ko ubaho ubuzima buhamya ubukristo bwawe.