Malaki 3:7-8

Niba utekereza ko Imana ifite inyungu mu ituro ryawe, uribeshya. Ahubwo mu gutanga niho ubonera umugisha nkuko abisirayeli babonaga umugisha binyuze mu gutanga. Reka nkwibutse kandi abisirayeli batangaga icyacumi gusa ahubwo ko batangaga ibirenze ibyo. Ikindi kandi ni uko itorero rifite inshingano yo gufasha abakene. Ni byiza cyane ko utanga ubikunze ndetse ukabikora kuko ukunze Umwami Yesu. Gutanga ni kimwe mu bigize ubusabane bw’itorero. Ikindi kandi gutanga ni ugufatanya. Gutanga nicyo kintu umukristo yakagombye gukora yishimye kuruta ibindi bintu byose. Ikindi kandi ni uko abana b’Imana aribo bagomba gutera inkunga umurimo w’Imana. Reka nsoze nkubwira ko gutanga bitagomba kukubera umutwaro.