Hagayi 2:14-23

Abantu babwiwe ko impamvu Imana itabaha umugisha byaterwaga nuko imitima yabo itari itunganye. Imana idusaba umutima ukiranuka. Ukuri guhari ni uko Imana izasenya ibintu byose abantu biringira. Ubuhanuzi bwa Hagayi buganisha ku gihe cy’amakuba akomeye ubwo Yesu Kristo azaba aje kwima ingoma. Nubwo urusengero rwubatswe na Zerubabeli abantu batarwishimiye barugereranya n’urwa Salomo, umugambi w’Imana nuko Mesiya nagaruka arirwo azinjiramo. Igitabo cy’umuhanuzi Hagayi kiratwigisha ko Imana iduhamagarira kuba abiringirwa hanyuma tugakora.