Kuki Imana yicecekera ku bibi bikorwa mu isi? Irabyemera kuko yihangana birenze urugero. Ntiyifuza ko hari uwarimbuka ari nayo mpamvu yatanze Umwana wayo ku musaraba kugira ngo hatagira urimbuka. Ibi yabikoze kukuza kwa mbere kwa Kristo. Ikibazo cya kabiri cya Habakuki cyagiraga kiti ‘Kuki Imana idahana abagome? Igisubizo cy’Imana kikaba ko Imana izagisubiza kukuza kwa kabiri kwa Kristo kuko ari cyo gihe izahana abanyabyaha.