Habakuki 1:12-17

Habakuki ntiyumvaga ukuntu Imana yera kandi ikiranuka ishobora kwemera ikareba abakora uburiganya ikihorera, igihe umunyabibi amira umuntu umurusha gukiranuka, ariko twabonye ko Imana ikora mu buryo butangaje. Yaravuze ngo inzira zayo atari kimwe n’izacu, n’ibyo yibwira atari byo twibwira. “Erega ibyo mwibwira si byo nibwira, kandi inzira zanjye si zimwe n’izanjye”. Ni ko Uwiteka avuga. Nkuko ijuru risumba isi, ni ko inzira zanjye zisumba izanyu, n’ibyo nibwira bisumba ibyo mwibwira”.