Ibyahishuwe 11:13-12:1

Ishyano rya kabiri nirimara kurangira, hazaza ishyano rya gatatu rizarangwa n’ibyago bikomeye cyane mu isi, iri shyano rya gatatu rikazaherekezwa n’ijwi ry’impanda ya karindwi rizarangiza ibyago bikomeye bizaba mu isi, rikanatwinjiza mu buzima bw’iteka ryose.

Ibyahishuwe 11:3-12

Hariho abahamya babiri bazaza mu isi guhamya Imana mu bihe by’amakuba akomeye. Ntitubazi amazina ariko ibihamya byinshi bitwereka ko Eliya azaba umwe muri abo bahamya babiri. Uwa kabiri we biragoye kumumenya. Aba bahamya bazicwa ariko bazuke nyuma y’iminsi itatu n’igice maze basubire mu ijuru

Ibyahishuwe 10:8-11:2

Nubwo uyu munsi, abanyamahanga ari bo bategetse isi, Umwami Yesu yavuze ko igihe cyabo kizasozwa n’ibyago bikomeye bizaza mu isi. Ibyo ni byo Yohana yeretswe kandi nyuma y’ibyo byago hazakurikiraho ingoma y’amahoro ya Kristo aho isi izahinduka nziza ikibi cyose kigakurwaho.

Ibyahishuwe 10:2-7

Mbere yuko impanda ya karindwi ivuga, marayika ukomeye azamanuka mu isi, afite agatabo gato ashinge ukuguru kwe kw’iburyo mu nyanja maze ukw’ibumoso agushinge mu isi. hazumvikana kandi n’ijwi ry’inkuba zirindwi rigereranywa n’ijwi ry’Imana.

Ibyahishuwe 9:21-10:1

Marayika wundi ukomeye uvugwa mu Ibyahishuwe 10, ntazaba ari Kristo nk’uko benshi babitekereza, kuko Kristo uhereye aho azukiye adashobora kongera gufata ishusho ya marayika ahubwo afite ubundi bwiza aho yicaye iburyo bwa Data.

Ibyahishuwe 9:7-20

Impanda ya gatandatu izaba intandaro y’ibyago bikomeye bizaba mu isi, kuko kimwe cya gatatu cy’abatuye mu isi bazapfa. Isi izinjira mu bihe bikomeye bitigeze kubaho mu mateka yayo, kuko ibiremwa by’ikuzimu bizayigabiza.

Ibyahishuwe 9:1-6

Impanda ya gatanu ivuga ku nyenyeri izagwa mu isi. Iyo nyenyeri ikaba isobanura Satani, uzahabwa urufunguzo rw’ikuzimu ngo yidegembye mu gihe gito. Nanone kandi batubwira inzige zizatera mu isi, zitazarya ibyatsi ahubwo zizarya abantu banze Imana.

Ibyahishuwe 8:7-20

Impanda ya mbere nivuga, kimwe cya gatatu cy’ibimera byo mu isi bizashya. Impanda ya kabiri nivuga, igisa n’umusozi waka umuriro kizisuka mu nyanja maze kimwe ya gatatu cy’amazi yo mu isi ahinduke amaraso kandi, ibinyabuzima byo mu nyanja n’amato yo mu nyanja bizarimbuka. Impanda ya gatatu nivuga, kimwe cya gatatu cy’amazi yo mu isi azasharira naho impanda ya kane nivuzwa izuba, ukwezi n’inyenyeri bizijima.

Ibyahishuwe 8:2-6

Abamarayika barindwi bazahabwa impanda ndwi, kugira ngo bazivuze nyuma y’igihe cy’ituze kizangana n’igice cy’isaha. Izo mpanda ndwi nizimara kuvuzwa, isi izinjira mu bihe bikomeye maze umujinya w’Imana ugere ku bayigometseho bose. Marayika wundi nawe azahabwa icyotero n’imibavu abijugunye hasi bisobanura ko amasengesho y’abera azaba asubijwe.

Ibyahishuwe 8:1

Ikimenyetso cya karindwi kizamenwa na Yesu Kristo, maze havuzwe impanda zirindwi. Ibi bizaba intangiriro y’ibyago bikomeye bizaba mu isi. Kizaba igihe gikomeye isi itigeze kubamo mu mateka yayo. Mbere y’uko ibyo byago biza, ijuru rizinjira mu ituze ry’igihe kingana n’igice cy’isaha ari byo bisobanura ko isi izaba ivuye mu gihe cy’imbabazi yinjiye mu gihe cy’urubanza.

Ibyahishuwe 7:13-17

Twabonye ko Imana ifite ubwoko butatu bw’abantu bayo. Hari Abayuda, Abanyamahanga hamwe n’Itorero ry’Imana. Nubwo biri uko ariko, Imana ntizacungura Itorero gusa, kuko hari abandi bantu benshi bazakizwa mu gihe cy’amakuba akomeye. Abo ni abazahamya Imana muri ibyo bihe bikomeye ndetse benshi bazicwa bahowe ubutumwa bwa Kristo.